lundi 19 septembre 2011

IBARUWA PAWULO MUTAGATIFU YANDIKIYE ABAKRISTU BO MU RWANDA


 Indamukanyo.

 Jyewe Pawulo, intumwa ya Yezu Kristu uko Imana yabishatse,  ku batagatifujwe b’i Rwanda, kuri mwebwe bavandimwe b’indahemuka muri Kristu : mbifurije ineza n’amahoro biva ku Mana Umubyeyi wacu. Ndashimira Imana, Se w’Umwami wacu Yezu Kristu, kandi nkanabasabira ubudahwema, kuva aho numviye ukwemera mufitiye Yezu Kristu, n’urukundo mugirira abatagatifujwe bose, mubitewe no kwizera ibyiza bibagenewe mu ijuru (Kol 1, 1-5).  Ndashimira cyane Kristu Yezu Umwami wacu wampaye imbaraga, kuko yasanze nkwiye kwizerwa maze akantorera kumukorera, jyewe wahoze ndi umuntu utuka Imana, ngatoteza abayo, nkaba umunyarugomo. Ariko nagiriwe imbabazi kuko ibyo nakoraga nabiterwaga n’ubujiji, ntaragira ukwemera. None ingabire y’Umwami wacu yambayemo igisagirane, nsenderezwa ukwemera n’urukundo ruri muri Kristu Yezu (1 Tim 1, 12-14).

 Ubutumwa.

Bavandimwe, namwe ubwanvu kera mwari mwaraciye ukubiri n’Imana, mwari n’abanzi bayo kubera ibitekerezo n’ibikorwa byanyu bibi, none ubu ngubu yabahaye kwigorora na Yo, mubikesha Umwana wayo watanze umubiri we akabapfira kugira ngo mube abatagatifu, nta mwanda kandi nta makemwa imbere yayo. Cyakora mukomere mu kwemera, ntimugahungabane ngo muteshuke ku mizero mwasezeranyijwe n’Inkuru Nziza mwumvise, ari yo yamamarijwe ikiremwa cyose kiri munsi y’ijuru, ari na yo jye Pawulo ndahwema kuruhira (Kol 1, 21-23). Ubu rero nshimishijwe n’uko mbabara ari mwe ngirira, maze ibyari bibuze ku mibabaro ya Kristu nkabyuzuriza mu mubiri wanjye, mbigirira umubiri we, ari wo Kiliziya (Kol 1, 24). Bavandimwe, ukwemera kwanyu kwatumaze agahinda mu mpagarara no mu magorwa yacu yose. Ubu turumva tuguwe neza, ubwo mugikomeye muri Nyagasani. Mbese twashimira Imana dute kubera ibyishimo byose mudutera imbere yayo?(1 Tes 3, 7-9). Ngicyo igituma tudahwema gushimira Imana, kuko mwakiriye ijambo ryayo twabigishije nk’uko riri by’ukuri. Koko ntimwaryakiriye nk’ijambo ry’abantu, ahubwo nk’ijambo ry’Imana rigaragariza akamaro karyo muri mwebwe abemera(1 Tes 2, 13).

Bavandimwe, ndavuga ukuri muri Kristu rwose simbeshya: (Rom 9, 1) Nihagira umuntu wigisha ukundi, ntiyite ku magambo aboneye y’Umwami wacu Yezu Kristu no ku nyigisho itoza gusabanira Imana, azaba ari umuntu wahumishijwe n’ubwirasi; aba ari injiji irwaye gukurura impaka no guterana amagambo. Aho ni ho hava ishyari, amakibirane, gutukana, gukekana nabi, n’impaka z’urudaca ziterwa n’abantu bararutse umutima, batakimenya ukuri, kandi bakibwira ko ubusabaniramana ari uburyo bwo kwishakira inyungu (1 Tim 6, 3-5). Nimukomeze mujye mbere muri Kristu Yezu mbese nk’uko mwamubwiwe; mushore imizi muri We kandi mube ari We mwishingikirizaho, mukomejwe n’ukwemera babatoje, mushimira Imana ubudahwema. Muramenye ntihazagire ubashukisha bene za nyigisho z’ubuhendanyi bita ubuhanga bwahebuje, zihuje n’ibitekerezo by’ubuyobe bw’abantu, zigashingira ku by’isi, ariko ziyuranye na Kristu (Kol 2, 6-8).  Ubwo mwazukanye na Kristu, nimuharanire ibyo mu ijuru aho Kristu ari, yicaye iburyo bw’Imana ; nimurangamire iby’ijuru, aho kurarikira iby’isi. Koko mwapfanye na Kristu, none ubugingo bwanyu bwihishe hamwe na We mu Mana. Nimucike rero ku bibarimo byose bibatera gutwarwa n’iby’isi, nk’ubwiyandarike n’ubusambanyi, ingeso mbi n’irari ribi, ibyifuzo bibi n’ubugugu butuma musenga ibintu nk’ibigirwamana! Ngibyo ibirakaza Imana. Noneho ubu namwe ibyo byose nimubizinukwe: uburakari, umwaga, ubugome, ibitutsi n’ibigambo bibi bibava mu kanwa. Nimuherukire aho kubeshyana (Kol 3,1-3. 5-9).

 Bavandimwe, igihe dufite ibyo kurya n’icyo kwambara, tujye dushimishwa n’ibyo. Naho abararikiye kurunda ubukire bagwa mu mutego w’ibishuko, no mu byifuzo byinshi by’ubucucu n’ubugiranabi, bya bindi biroha abantu mu butindi no mu cyorezo. Ni koko, umuzi w’ibibi byose ni irari ry’imari. Kubera ko bamwe bayohotseho byatumye bitandukanya n’ukwemera, maze umutima wabo ushengurwa n’imibabaro itabarika. Naho mwebwe bantú b’Imana, ibyo bintu mubihe akato; ahubwo mujye muharanira ubutungane, ubusabaniramana, ukwemera, urukundo, ubwiyumanganye n’ubugwaneza. Nimurwane intambara nyayo y’ukwemera, muronke ubugingo bw’iteka mwahamagariwe, nk’uko mwabyiyemeje igihe mwahamyaga ukwemera kwanyu mushize amanga mu ruhame rwa benshi (1 Tim 4, 8-12). Ni mwifate ku buryo bushimisha lmana nk’uko twabibigishije; ni ko musanzwe mubigenza, ariko noneho nimurusheho. Dore icyo Imana ibashakaho: ni uko mwaba intungane, mukirinda ubusambanyi. Ahubwo buri wese muri mwe amenyere kwifata, agumane ubumanzi n’ubwiyubahe, yange gutwarwa n’irari nk’abanyamahanga batazi Imana. Koko rero Imana ntiyaduhamagariye kwandavura, ahubwo yaduhamagariye kuba intungane (1 Tes 4, 1-8). Kuko nimubaho mugengwa n’umubiri muzapfa; ariko niba ku bwa roho mucitse ku bikorwa by’umubiri muzabaho(Rom 8, 12-13) Rwose nimuture imibiri yanyu ibe igitambo nyabuzima, gitagatifu kandi kinyuze Imana ; ngiryo iyobokamana ryabava ku mutima. Kandi ntimukigane ibi bihe turimo, ahubwo nimuhinduke, mwivugururemo ibitekerezo kugira ngo muzajye mumenya neza ugushaka kw’Imana, ikiri cyiza, icyashimisha n’ikiboneye (Rom 12,1-2). Nkoramutima zange, mbibategekeye imbere y’Imana ibeshaho byose, n’imbere ya Kristu Yezu wabaye umuhamya uhebuje w’Imana imbere ya Ponsiyo Pilato: mwite ku mategeko, mukomeze kuba abaziranenge n’indakemwa, kugeza ku munsi w’ukwigaragaza k’Umwami wacu Yezu Kristu (1 Tim 6, 13-14).
 Maze rero ku byerekeye urukundo rwa kivandimwe si ngombwa ko tubibandikira, kuko Imana ubwawo yabiyigishirije gukundana (1 Tes 4, 9). Ntihakagire uwo mubamo umwenda atari uwo gukundana. Kuko ukunda undi aba yujuje amategeko (Rom 13, 8-10).  Ariko se koko ni iki cyadutandukanya n’urukundo rwa Kristu ? Ibyago se, agahinda se, ibitotezo se, inzara se, ubukene se, imitego se cyangwa inkota ? Koko rero simbishidikanya : ari urupfu, ari ubugingo, ari abamalayika, ari ibinyabubasha, ari iby’ubu, ari ibizaza, ari ibinyamaboko, ari iby’ejuru, ari iby’ikuzimu, ari n’ikindi kiremwa cyose, nta na kimwe kizashobora kudutandukanya n’urukundo Imana idukunda muri Kristu Yezu Umwami wacu (Rom 8, 35-39)

 Bavandimwe, ku byerekeye igihe n’amagingo by’amaza ya Nyagasani, ntimukeneye ko tubibandikira. Ubwanyu muzi neza ko Umunsi wa Nyagasani uza nk’umujura wa nijoro. Igihe rero bazaba bavuga ngo « Mbega amahoro n’umutekano ! » ni bwo icyorezo kizabatungura, nk’uko ibise bitungura umugore utwite ; kandi nta mahungiro. Ariko mwebwe bavandimwe, ntimukiri mu mwijima ku buryo uwo munsi wabatungura nk’umujura ; mwese muri abana b’urumuri n’ab’amanywa; ntituri ab’ijoro n’ab’umwijima. None rero ntitugasinzire nk’abandi, ahubwo tube maso kandi twirinde gutwarwa n’irari(1 Tes 5, 1-6).
  Umwanzuro.

Nkoramutima zanjye, ndasaba rero nkomeje ko mbere ya byose mwakwambaza lmana, mukavuga amasengesho, mugatakamba kandi mugashimira Imana, mubigirira abantu bose. Dukwiye gusabira bategetsi bose, kugira ngo tubone kubaho mu ituze n’amahoro, turangwa n’ubusabane ku Mana kandi dutunganiwe (1 Tim 2, 1-3)

 Mwebwe  rero ntore z’Imana, mukaba abatagatifu bayo ikunda byimazeyo, nimugire umutima wuje impuhwe, ubugiraneza, ubwiyoroshye, ituze n’ukwiyumanganya. Nimwihanganirane, kandi niba umwe agize icyo apfa n’undi mubabarirane. Nk’uko Nyagasani yabababariye, namwe nimugenze mutyo. Ariko ikiruta ibyo byose, nimugire urukundo ruzabahuriza mwese mu butungane. Ijambo rya Kristu niribaturemo, risagambe rwose. Mujye mwigishanya kandi muhanane, mubigiranye ubwitonzi. Mujye mushimira Imana mu mitima yanyu muyiririmbira zaburi, ibisingizo n’izindi ndirimbo mubwirijwe na Roho Mutagatifu. Ari ibyo muvuze, ari n’ibyo mukoze, byose mujye mubigira mu izina rya Nyagasani Yezu, abe ari we mwisunga mushimira Imana Data (Kol 3,12-17).
 Mbinginze rero mu izina ry’Umwami wacu Yezu Kristu ngo muhuze ibitekerezo, mwirinde kwicamo ibice; ahubwo muhuze umutima n’umugambi(1Kor 1, 10).

Twibuke  ko byose bihira abakunda Imana, ari bo yihamagariye ku bwende bwayo (Rom 8, 28). Koko rero nta n’umwe muri twe ubereyeho we ubwe, kandi nta n’umwe upfira we ubwe. Niba turiho tubereyeho Nyagasani ; niba kandi dupfuye dupfira Nyagasani. Twabaho, twapfa, turi aba Nyagasani (Rom 14, 7-8).

Gusezera

Usoma iyi baruwa atashye uwatagatifujwe wese muri Yezu Kristu (Fil.4, 21). Abavandimwe nibagire amahoro n’urukundo hamwe n’ukwemera biva ku Mana Data no kuri Nyagasani Yezu Kristu(Ef.6,23). Ahasigaye, ntihakagire undushya, dore ngendana mu mubiri wange inguma za Yezu. Ineza y’Umwami wacu Yezu Kristu isakare mu mitima yanyu, bavandimwe. Amen (Gal.617-18).